Mu gihugu cya Bresil umusore w’imyaka 16 ukomoka ahitwa Goiás mu mujyi wa Rubiato, yitabye Imana mu cyumweru gishize ahitanywe nuko yikinishije inshuro zigera kuri 42 adahagarara mu ijoro rimwe, biza kurangira amazi amushize mu mubiri, nkuko byemezwa n’abaganga basuzumye umurambo we, maze ashiramo umwuka.
Nkuko bitangazwa na atlnightspots.com, ngo Mama we yatangarije ibitangamakuru byo mu mujyi wa Rubiato akomokamo ko yari azi neza ko umuhungu we afite iki kibazo, ndetse akaba yanateganyaga kuzamujyana kwa muganga; nyuma yaje gutungurwa nuko umuhungu we yaje kwitaba Imana azize iki kibazo nyina yari azi akaba amucitse yari ataramujyana kwa muganga.Uyu musore ngo yatangiye kwikinisha (mastrubation) mu masaha ya saa sita z’ijoro, ngo akomeza yikinisha ijoro ryose ataruhuka, nibwo rero yaje gushiramo umwuka amasaha y’ijoro akuze.Ku ishuri, bagenzi be bavuze ko bari bazi ku kibazo yari afite cyo kwikinisha, ku buryo ngo nta shusho y’igitsina gore yasigaga inyuma. Yaba umwana, inkumi, umukecuru, apfa kuba ari igitsina gore, atitaye ku ibara, cyngwa imyaka. Bikaba bivugwa ko aya mashusho ari muri bimwe yifashishaga mu kwikinisha. Ngo ndetse hari n’abo yari yarabwiye ngo bazajye bajya kuri webcam (Agafotora ko kuri mudasobwa) ubundi barebe ukuntu yikinisha.Mu cyumba cye ngo hakaba hari amashusho menshi y’urukozasoni (Pornographies), yaba amashusho ndetse n’amafilimi menshi y’urukozasoni yari yuzuye muri Mudasobwa ye.Jules Ngenzi / UMUGANGA.com