Urukingo rushya rwo kurinda malariya rwatangijwe mu Rwanda
 
 


Abana b’Abanyarwanda bagiye kuba abambere muri Afurika mu kugezwaho urukingo rushya rwo kurinda indwara ya malariya iza ku mwanya wa mbere mu guhitana abantu benshi muri Afurika, nyuma y’ubushakashatsi rwakoreweho rukagaragaza ubuziranenge.


Uru rukingo rwemejwe ko rusahobora kurinda umubiri w’umuntu indwara ya malariya, nyuma y’ubu bushakashatsi bwanagaragaje ko rushobora no gukomeza gusubirwamo.

Umuyobozi w’ikigo cya Trac Plus kirwanya malariya, Dr Corine Karema, yatangaje ati : “Ubwoko bw’uru rukingo nirwo rwwa mbere rwemeje ko rutanga icyizere. Ruri mu cyiciro cya gatatu.”

TRAC Plus itangaza ko uru rukingo ruri kuri 55% mu gutanga ubudahangarwa mu mubiri w’umuntu ku gakoko ka “Plasmodium falciparum” kaza ku isonga na 98%, mu gutera icyorezo cya malariya mu Rwanda. Uru rukingo rwiswe RTS rugomba kuba rwemejwe ko ruzarangira muri 2014.

Dr Corine Karema akomeza agira ati : “Uru rukiko n’ubwo akazi karwo ari ukurinda malariya, ariko siwo muti wonyine dufite mu Rwanda. Twafashe n’izindi ngamba zirimo gukoresha inzitiramibu.”

Aha yatangaje ko indwara ya malariya yagabanutseho 70% mu gihugu, mu gihe uburwayi n’impfu zituruka kuri yo zaragabanutseho 60% muri iyi myaka itanu ishize.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS) ryo ritangaza ko uru rukingo ruzatangira gukoreshwa neza guhera mu 2014.

N’ubwo u Rwanda rwishimiye uru rukingo, Dr Karema yatangaje ko hari impungenge zishobora kuvuka, nk’igihe uru rukingo ruzamara, nko mu Rwanda aho icyorezo cya malariya cyagabanyutse.

Uru rukingo rutuma umubiri w’umuntu ushobora kugira ubudahangarwa bwo kurwanya agakoko ka Plasmodium falciparum, mu gihe kinjiye mu mubiri.

Abashakashatsi bavuga ko rukoze mu buryo rubuza agakoko kwanduza, gukurira no kororokera mu mwijima, ndetse no gukwirakwira mu maraso kanduza uturemangingo tw’amaraso (globules rouges).
Source: Igihe.com

Ifoto: articles.timesofindia.indiatimes.com

Tanga ibitekerezo kuri iyi nkuru
Izina
 Ubutumwa
 
  Gender Male Female
 Emeza
Ibitekerezo kuri iyi nkuru