Abantu bapfa bazize indwara y’igituntu bagabanutseho 40% kuva mu mwaka w’1990
 
 

Nk’uko tubikesha urubuga rwa OMS (Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima), umubare w’abantu bapfa bazize indwara y’igituntu ku isi yose wagabanutse ku kigero cya 40%, ndetse ngo hakomeje gushyirwa mu bikorwa ingamba zo kurwanya iyi ndwara y’igituntu. Mu mwaka wa 2015, iki kigero cyazaba kigera kuri 50%, ari na ko intego z’ikinyagihumbi MDGs) zigerwaho.

Igituntu ni indwara yakwirindwa ndetse kandi ikaba ari indwara ikira. Ku bantu bafite ubwirinzi bw’umubiri bwagabanutse  nk’abanduye virus itera SIDA n’abafite ibibazo by’imirire mibi ni bo usanga ahanini bibasirwa n’indwara y’igituntu. Nk’uko bakomeza bavuga kuri uru rubuga, mu Rwanda abantu bagera ku gipimo cya 3.1% babana na virusi itera SIDA.

Zimwe mu ngamba  leta y’u Rwanda yafashe mu kurwanya iyi ndwara y’igituntu harimo gufatira imiti y’igituntu kwa muganga ku barwayi bamaze kwandura iyi ndwara: Ibi bituma kwa muganga bamenya neza ko umurwayi yafashe neza imiti y’igituntu, bituma udukoko dutera igituntu tutagira ubudatsimburwa (resistance) ku miti. Uru rubuga rukomeza ruvuga ko kubera uburyo mu Rwanda abantu bakira igituntu bafatira imiti imbere ya muganga,  biyongereye kuva kuri 58% muri 2003 kugera kuri 81 %  hafi mu mpera zo muri 2006, aho  bavuga ko u Rwanda ruri hafi kugera ku ntego z’ikinyagihumbi.

Gusa kandi ngo imbogamizi ziracyahari  zirimo uburyo bukoreshwa mu kugira ngo hamenyekane hakiri kare abafashwe n’udukoko dutera igituntu, kwegereza serivise zitanga ubuvuzi ku baturage ndetse no gukomeza kwigisha Abanyarwanda gukomeza kwirinda icyorezo cya SIDA, dore ko abanduye SIDA baba bafite ibyago byinshi byo gufatwa n’igituntu.
 

Ifoto:www.who.org
MANIRAHO Jean de la Paix/UMUGANGA.com


Tanga ibitekerezo kuri iyi nkuru
Izina
 Ubutumwa
 
  Gender Male Female
 Emeza
Ibitekerezo kuri iyi nkuru