Hari inzira zagufasha kwereka umuntu w’inshuti yawe ko umukunda:
1. Mufate neza mu buryo bwose bugushobokeye,2. Fata umwanya uhagije wo kumuvugisha,3. Musangize amwe mu mabanga y’ubuzima bwawe,4. Niba muri kumwe ukabona asa n’ufite imbeho, igomwe umuhe umupira cyangwa furari wambaye, umwereke ko adashobora kubaho nabi igihe cyose uhari,5. Musome kenshi igihe muri kumwe neza kandi gahoro,6. Muhobere igihe umukumbuye cyangwa ushaka kumwereka ko ari uw’agaciro, burya hari udukorwa duto tuvuga kurusha amagambo,7. Mufate mu ntoki umureba mu maso,8. Sekana na we kandi umufashe kugira ibihe byiza bitewe n’ibyo akunda,9. Rimwe na rimwe, nta yindi mpamvu ibiteye, jya umutumira ahantu atari asanzwe azi, umwereke ibintu bishya atari asanzwe abona kenshi kuko iyo umuhoza mu bintu bimwe bigera aho bikamurambira,10. Jya umutumira igihe uri kumwe n’inshuti zawe. Erega arifuza kukugirira icyizere no kwisanzura mu nshuti zawe ndetse no kubona ko na zo zimwishimiye ndetse no kugira ngo abone ko umufite mu mishinga.11. Kenshi jya ukunda kumufotora no kwifotozanya na we kuko abakobwa burya bakunda amafoto cyane, cyangwa umukorere CD iriho amafoto yanyu, aho ushobora no kuyaherekezanya uturirimbo tw’urukundo uzi ko akunda, cyangwa dufite icyo tubibutsa mwembi.12. Rimwe na rimwe, jya ugirana na we gahunda zindi zitari iz’ urukundo, mushobora nko gukorana imishinga ibyara inyungu, gukora nk’igikorwa cyo kujya gusura abarwayi kwa muganga nko ku cyumweru, kujya gutemberera ahantu nko mu giturage, mwaba mwigana mugakorana Etude n’ibindi.13. Nakubwira ko agukunda, jya ubimusubirishamo kenshi, umwereke ko kuba yaraguhaye urukundo ari ikintu uha agaciro gakomeye mu buzima bwawe !14. Niba muri kumwe n’inshuti ze zikamwereka cyangwa zikamubwira ko zimukunda cyangwa ko zimwitayeho kukurusha, jya ubihakana umuhobera cyane umwiyegereza, umubwire ko urukundo umufitiye nta n’uwabasha kurupima, ibi bituma yumva akunzwe cyane kandi bimurinda kumva ko hari undi muntu n’umwe yakurutisha mu buzima bwe.15. Buri gihe ni yo byanaba buri kanya yewe, jya umuhobera cyane umwiyegereze, ubundi umwongorere ko umukunda.Mu nkuru y’ubutaha tuzagaruka noneho ku buryo umukobwa yakwereka umuhungu ko amukunda.Ifoto: keithssongs.blogspot.comKAREKEZI Ray Azades / UMUGANGA.com