Abagera kuri miliyoni 1.3 bapfa buri mwaka bazize indwara zikomoka ku ihumana ry段kirere-OMS
 
 

Amakuru ikinyamakuru Izuba Rirashe gikesha Umuryango Mpuzamahanga wita ku Buzima OMS avuga ko abagera kuri miliyoni 1.3 buri mwaka ari bo bapfa bazize indwara zikomoka ku ihumana ry段kirere, kandi ngo niba nta gikozwe ngo habeho kugabanya iri humana bashobora kwiyongera.

Aha bakaba bavuga ko uko  imijyi ikomeje kwanduza ikirere ari nako  zimwe mu ndwara zikomoka kuri uko kwandura kw段kirere zikomeza kwiyongera, kandi icya kabiri cy誕bahitanwa n段zi ndwara bakaba ari abakomoka mu bihugu bikiri mu nzira y誕majyambere.
Iki kibazo kikaba  gihuriweho n段bihugu bikize ndetse n段bikiri mu nzira y誕majyambere dore ko kugeza  ubu  hose haboneka ibi byuka bihumanya ikirere, ariko akenshi usanga uburyo bwo guhangana n段ngaruka zabyo butangana kuri ibi bihugu.

Aya makuru akomeza avuga ko akenshi uku kwandura kw段kirere kugira ingaruka cyane ku nzira z置buhumekero, urwungano nyamaraso n置tundi duce dutandukanye tw置mubiri. Aha bavuga ko akenshi mu kwangirika kw段bihaha n段nzira z置buhumekero  bikunze kuvamo indwara ya kanseri y段bihaha ikaba nayo iri mu zikunze kwigaragaza ahantu haboneka ikirere cyanduye.

Kugeza ubu usanga mu bihugu bitandukanye ukwangirika kw段kirere guterwa n置bwinshi bw段binyabiziga bikoresha  moteri byohereza imyuka ihumanya mu kirere, ibyuka biba  bikomoka  kuri peteroli.

Ibi byuka  kandi binaboneka mu duce tubamo inganda nyinshi nazo usanga zikoresha ibikomoka kuri peteroli nka za lisansi, mazutu n段bindi. Izubarirashe

Tanga ibitekerezo kuri iyi nkuru
Izina
 Ubutumwa
 
  Gender Male Female
 Emeza
Ibitekerezo kuri iyi nkuru