Abagabo na bo bashobora kujya banywa ibinini mu rwego rwo kuringaniza imbyaro
 
 

Ubundi Byari bimenyerewe ko kugira ngo umugabo adatera inda uwo bakoranye imibonano mpuzabitsina agomba kwambara agakingirizo cyangwa akaba yarakaswe imiyoborantaga (Vasectomie). Uburyo bushya bugaragaza ko mu minsi ya vuba hari n’indi nzira yanyurwamo kugira ngo umugabo yirinde gutera inda mu gihe atabishaka kandi adakoresheje uburyo tuvuze haruguru.

Urubuga, tasante.com, dusangaho iyi nkuru, nk’uko abashakashatsi bo muri Kaminuza ya Edimbourg (Universite d’Edimburg) bamaze kubikoraho, batangaza ko ko « Gene » ituma intangangabo ikura kugeza aho yahura n’intangangore bigakora umwana yavumbuwe ikaba yitwa Katnal1.

Igishobora gukorwa rero kuri iyi Gene kugira ngo intangangabo ibe idashobora gutuma habaho isama ni ukuyibuza kugira icyo ikora cyangwa se mu yandi magambo ntihagire umumaro ikora mu gukura kw’ intangangabo, birumvikana ko izo ntanga ngabo urwego rwo gukura kugera aho zibasha gutera inda zitarugeraho. Iki kizaba ari igisubizo ku bagabo.

Ifoto : santepratique.fr
NSENGUMUREMYI Jean Baptiste / UMUGANGA.com

Tanga ibitekerezo kuri iyi nkuru
Izina
 Ubutumwa
 
  Gender Male Female
 Emeza
Ibitekerezo kuri iyi nkuru
Izina: drogba
Ubutumwa:
ibi bizatangira ryari mu rwanda?
nta ngaruka se byazagira mu gihe bikoreshejwe igihe kirekire?
birishimiwe cyane.
Iki gitekerezo cyatanzwe kuwa 22 / 08 / 2012, 01:58
Izina: Leo jean philippe
Ubutumwa:
Iyo uvuze ngo abagabo bashobora kujya banywa imiti, byumvikana nkaho byatangangiye, wakabaye uvuga ngo " Bashobora kuzajya banywa imiti" kuko bitaraza bitaranatangira.
Iki gitekerezo cyatanzwe kuwa 22 / 06 / 2012, 15:33