Ese kwisiramuza (Kwicyebesha) hari akamaro bizanira ababikora?
 
 

Kwikatisha, kwikebesha cyangwa kwisiramuza ku bahungu n'ubwo hari ibihugu bimwe na bimwe bitewe n'imico gakondo yabyo bibikora no ku bakobwa, ni uburyo bwo gukeba agace k'agahu (prepuce) kagaragara ku mutwe w'igitsina gabo (imboro) bakakavanaho. Kuri bamwe bumva ko bifite akamaro bakanabikangurira abana babo cyangwa abavandimwe ariko hakaba hari n'abandi usanga batabikozwa batari bumva neza akamaro kabyo.

Ikinyamakuru Le Figaro kivuga ko gusiramurwa ku bahungu bibazanira amahirwe yo kutandura indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina ku buryo bworoshye harimo na SIDA, ariko ntibivuga ko bagomba gukora batabanje kwikingira kuko bitari ijana ku ijana!

Ibindi byiza byo kwisiramuza

-    bigabanya ibyago byo kurwara indwara zifata urwugano rw'inkari
-    bigabanya indwara zifata umutwe w'igitsina gabo n'agahu kawutwikira
-    bigabanya ibyago byo kwandura kanseri y'igitsina gabo n'umura ku gitsina gore
-    bituma kugirira isuku igitsina gabo byoroha
-    bigabanya ko umutwe w'igitsina gabo wafungwa n'agahu kawutwikira

gusa ni ngombwa kwisiramuza ahantu habigenewe kuko bishobora gutera ingorane mu gihe byakozwe nabi. Aha  tutabwira abantu bajya kwisiramuza mu buryo bwa magendu. Aha rero hashobora kuvuka ingorane zitandukanye nko kuva maraso menshi, kugira uburibwe, kunyara ukababara,... Gusa nanone ibi ntawe byagombye kubera imbogamizi yo kwikebesha kuko kwa muganga hose barasiramura kandi no mu gihe wabikoresheje ukagira zimwe mu ngorane twavuze haruguru ni ngombwa kwihutira kujya kwa muganga bakakuvura.

Ifoto : wholesome-mama.blogspot.com
MANIRABOANA Emmanuel / UMUGANGA.com


Tanga ibitekerezo kuri iyi nkuru
Izina
 Ubutumwa
 
  Gender Male Female
 Emeza
Ibitekerezo kuri iyi nkuru
Izina: BETTY
Ubutumwa:
NONESE KO BASOGOKURU BANYU BATABIKOZE HARI ICYO BABAYE?
Iki gitekerezo cyatanzwe kuwa 18 / 04 / 2013, 09:40
Izina: SOSO
Ubutumwa:
ABAGORE BENSHI BURYA BAKUNDA ISUKU.NONE RERO BAGABO CG BASORE MUDASIRAMUYE,NIMUJYE KWISIRAMUZA BATAJYA BABIMA IBINTU BYABO KUKO BANGA KO WABASHYIRAMO UMWANDA
Iki gitekerezo cyatanzwe kuwa 15 / 03 / 2013, 02:39
Izina: NSHIMIYIMANA AUGUSTIN CAUCHY
Ubutumwa:
Ese gusiramurwa nabi bishobora gutera gusohora mbere yo gukora imibonano mpuzabitsina(ejaculation precause)?Niba aribyo se bishoboka ryari?
Iki gitekerezo cyatanzwe kuwa 11 / 10 / 2012, 11:08
Izina: RWAKIRENGA
Ubutumwa:
ESE KOKO HARI ABANTU BATANDURA AGAKOKO GATERA SIDA NIBA BAHARI SE BAFITE AMARASO NKAYABANDI BANTU? IKINDI MUGAGA , UZEMENYESHE IMYAKA UMUNTU ADASHOBORA GUKORERWA IKATWA CYANGWA ISIRAMURWA MURAKOZE
Iki gitekerezo cyatanzwe kuwa 05 / 09 / 2012, 08:48
Izina: Dr Eric
Ubutumwa:
M K,GUSIRAMURWA K UMUGABO BIGIRA UMUMARO MUNINI CYANE KUMIBONANO MPUZABITSINA.KUKO UTARANGIZA VUBA,KANDI BIFASHA N UMUGORE KURYOHERWA N IMIBONANO MPUZABITSINA.NUKENERA IBINDI BISOBANURO WAMPAMAGARA.0728587924
Iki gitekerezo cyatanzwe kuwa 05 / 08 / 2012, 13:02
Izina: M k.
Ubutumwa:
bavuga ko hari icyo bimara mu mibonano mpuza bitsina. ese nibyo?
Iki gitekerezo cyatanzwe kuwa 30 / 07 / 2012, 09:37