Abaganga b’Abongereza mu bushakashatsi bakoze bavuga ko abagore benshi bahitamo gukuramo inda kubera ikibazo cy’ubushobozi buke.
Abaganga bagera kuri 300 bo mu Bwongereza, muri iyi nyigo yabo bagaragaje ko abantu b’igitsina gore bahitamo gukuramo inda mu gihe babona ko nta bushobozi bwo kurera urubyaro rwabo bafite, ngo ibi bikaba bitari bimenyerewe.Nkuko byatangajwe mu kinyamakuru ”The Telegraph”, 1/3 cy’aba baganga bemeje ko ngo abagore benshi kugira ngo babashe kuba bashinga ingo (bakubaka) bibafata igihe kirekire kubera amikoro aba akiri macye.Nkuko bitangazwa na ANN FUREDI uhagarariye ikigo cy’Abongereza cyitwa ”British Pregnancy Advisory Service” avuga ko abagore benshi bakuramo inda akenshi nk’iyo uburyo bwo kuringaniza imbyaro bwanze (methode contraceptive); agakomeza asobanura ko, ngo abagore benshi bishimira kubyara bihwanye n’ubushobozi bw’umuryango nkuko ngo abenshi muri bo bagiye babivuga.Aba baganga bemeza kandi ko amikoro macye agira ingaruka mbi zihuse ku buzima bw’abantu, muri zo harimo nko kwiheba, kwishora mu bisindisha cyangwa ugasanga abarwayi benshi bafite ikibazo cyo mu gifu.Ifoto : cvm.qc.caJean Claude NTEZIMANA / UMUGANGA.com