Ukibona ikibazo nk’iki ushobora guhita utekereza ko wakoresha izi nzira nko gusaba imbabazi, guhendahenda, kwitabaza inshuti, kumwanga….ariko urubuga rwa quickeseayfit.com ruratwereka ko ibyo bitabasha kugufasha na gato, ari yo mpamvu batwereka uburyo 3 budasanzwe mu kwikemurira ikibazo nk’iki.
1. Mugaragarize ko umwitayeho kandi ko ukimwubashyeBiragoye kukararagariza urukundo ukanongera ho no kubaha umuntu utakigukunda ariko birashoboka, kandi ni ingenzi kuko umuti urasharira ariko ugakiza.Abantu benshi bakunda gukoresha uburyo bwo guhita bafungira amazi n’umuriro cyangwa gusuzugura abakunzi babo igihe babagaragarije ko batabakunda, batekereza ko ari byo bizabafasha kubigarurira, nyamara iyo uwakwanze umugaragarije ko umukunda kandi ukimwubaha bimutera kuba yakwiyumvisha akamaro umufitiye bikamutera kukugarukira.2. Garagaza ko hari icyo ushoboyeIrinde kugaragariza umuntu utakigukunda umubwira ko ntacyo wakwigezaho mutari kumwe, ugomba kugaragaza ko uri umuntu ufite icyo ashoboye kandi neza kuko bikongerera agaciro imbere y’uwari warakwanze iyo abona ko uri umuntu abandi baha agaciro kandi wifuzwa n’abandi ahita abona ko kukubura ari igihombo bityo agahita akugarukira.3. Gerageza gukora ibintu byose byagufasha kugaragara neza imbere y’uwari umukunzi waweNk’uko uru rubuga rukomeza rubitubwira, ngo nanone igihe ubona iki kibazo cyatangiye, gerageza gukora ku buryo umukunzi wawe yifuza kugirana imibonano mpuzabitsina nawe, umukorakora, umubwira mu ijwi rituje cyane, wambara utuntu akunda kuko ubushake nibuza aribwo mushobora no kuganira ku kibazo gihari mukaba mwanagishakira umuti.Ifoto: websterstyle.wordpress.comSource: quickeseayfit.com NZABAHIMANA Cyprien / UMUGANGA.com